Umugambi w’Impuhwe
Nyagasani ni umunyempuhwe kandi umugambi w’agakiza wa Data wo mu Ijuru ni umugambi w’impuhwe by’ukuri.
Ubutumire bw’Umuhanuzi
Mata ishize, vuba cyane nyuma y’amakuru y’umunezero ko Itorero ryahawe Ingoro ya Kirtland, Umuyobozi Russell M. Nelson yadusabye kwiga isengesho ryo kwegurira Imana ingoro ya Kirtland ryanditse mu gice cya 109 cy’Inyigisho n’Ibihango. Umuyobozi Nelson yavuze ko isengesho ryo kwegurira ingoro Imana “ari icyigisho cy’ukuntu ingoro iguha imbaraga mu buryo bwa roho wowe nanjye kugira ngo duhangane n’ibibazo by’ubuzima muri iyi minsi ya nyuma.”
Nzi neza ko imyigire yanyu y’igice cya 109 yabahaye ubusobanuro bwabahesheje umugisha. Uyu mugoroba, ndabasangiza ibintu bibiri nize ubwo nakurikizaga ubutumire bw’umuhanuzi. Amahoro nakuye mu kwiga icyo gice yanyibukije ko Nyagasani ari umunyampuhwe kandi ko umugambi w’agakiza wa Data wo mu Ijuru ari umugambi w’impuhwe by’ukuri.
Abavugabutumwa Bashya Bagihamagarwa Bakorera mu Ngoro
Nk’uko mushobora kuba mubizi, abavugabutumwa bashya bagihamagarwa bashishikarizwa kwakira ingabire mu ngoro vuba cyane bishoboka no kujya mu ngoro kenshi cyane uko bibashobokeye. Iyo bamaze kwakira ingabire, na none “bashobora gufasha nk’abakozi … b’ingoro y’Imana mbere yo gutangira umurimo w’ivugabutumwa.”
Kumara umwanya mu ngoro mbere yo kwinjira mu kigo cy’amahugurwa y’ivugabutumwa (MTC) bishobora kubera abavugabutumwa bashya umugisha uko biga byinshi ku bijyanye n’ibihango byo mu ngoro mbere yo gusangiza isi imigisha y’ibyo bihango.
Ariko mu kwiga igice cya 109, nize ko, mu ngoro, Imana iha imbaraga abavugabutumwa bashya ndetse natwe twese, mu buryo bw’inyongera kandi butagatifu. Mu isengesho ryo kwegurira ingoro Imana, ryatanzwe binyuze mu ihishurirwa, Joseph yarasenze ati: “ubwo abagaragu bawe bazasohoka mu nzu yawe … kugira ngo batange ubuhamya bw’izina ryawe,” “imitima” y’“abantu bose” “izoroshywa”, yaba iy’“abakomeye b’isi,” n’“abakene bose, aboro, n’abababaye.” Yarasenze kugira ngo “urwikekwe ruve imbere y’ukuri, kandi abantu bawe bashobore kubona ubutoni mu maso ya bose; ko impera zose z’isi zimenya ko twebwe, abagaragu bawe, twumvise ijwi ryawe, kandi watwohereje.”
Iri ni isezerano ryiza ku muvugabutumwa mushya ugihamagarwa, isezerano ry’uko urwikekwe “ruva imbere y’ukuri,” kugira ngo “bashobore kubona ubutoni mu maso ya bose,” no gutuma isi imenya ko boherejwe na Nyagasani. Buri umwe muri twe mu by’ukuri akeneye iyo migisha. Mbega ukuntu byaba ari iby’umugisha kugira imitima yorohejwe igihe dushyikirana n’abo duturanye ndetse n’abo dukorana. Isengesho ryo kwegurira Imana ntabwo risobanura neza uko igihe cyacu mu ngoro kizoroshya imitima y’abandi, ariko nzi neza ko bihuye n’uko igihe tumara mu nzu ya Nyagasani cyoroshya imitima yacu ubwacu kitwerekeza kuri Yesu Kristo n’impuhwe Ze.
Nyagasani Asubiza Ukwingingai kwa Joseph Smith gusaba Impuhwe
Uko nigaga isengesho ryo kwegurira Imana ingoro ya Kirtland, natangajwe n’ukuntu Joseph yinginze ubudahwema asaba impuhwe azisabira abanyamuryango b’Itorero, abanzi b’Itorero, abayobozi b’igihugu, ib’ibihugu byose byo ku isi. Kandi, ku giti cye, yinginze Nyagasani kumwibuka no kugirira impuhwe umukunzi we Emma n’abana babo.
Mbega uko Joseph agomba kuba yariyumvise igihe, nyuma y’icyumweru kimwe, ku munsi wa Pasika, kuwa 3 Mata 1836, mu Ngoro ya Kirtland, Umukiza yamubonekeye we na Oliver Cowdery maze, nk’uko byanditswe mu gice cya 110 cy’Inyigisho n’Ibihango, akavuga ati: “nemeye iyi nzu, kandi izina ryanjye rizaba hano; kandi nziyereka abantu banjye mu mpuhwe muri iyi nzu.” Iri sezerano ry’impuhwe rigomba kuba ryari rifite ubusobanuro budasanzwe kuri Joseph. Kandi nk’uko Umuyobozi Nelson yigishije muri Mata ishize, iri sezerano nanone “rireba buri ngoro yose yeguriwe Imana uyu munsi.”
Gushakira Impuhwe mu Nzu ya Nyagasani
Hari inzira nyinshi buri wese ashobora kuboneramo impuhwe mu nzu ya Nyagasani. Ibi byahoze ari ukuri kuva Nyagasani abanza agategeka Isirayeli kubaka ihema ry’ibonaniro maze bagashyira hagati yaryo “intebe y’impuhwe.” Mu ngoro, tubonera impuhwe mu bihango dukora. Ibyo bihango, byiyongera ku gihango cy’umubatizo, biduhuza na Data na Mwana kandi bikaduha uruhushya rw’inyongera ku byo Umuyobozi Nelson yigishije ko “ari urukundo n’impuhwe bidasanzwe … byitwa hesed” mu Giheburayo.
Tubonera impuhwe mu mahirwe yo komekanywa n’imiryango yacu ubuziraherezo. Mu ngoro, kandi dusobanukirwa mu buryo bugaragara ko Iremwa, Ukugwa, igitambo cy’impongano cy’Umukiza, n’ubushobozi bwacu bwo kwinjira nanone aho Data wo mu Ijuru arinka buri gice cy’umugambi w’agakiza ni ibimenyetso by’impuhwe. Bishobora kuba byaravuzwe ko umugambi w’agakiza ari umugambi w’ibyishimo mu buryo bushyitse neza kubera ko ari “umugambi w’impuhwe.”
Gushakisha Imbabazi Bituma Roho Mutagatifu Atuganzamo
Nishimira isezerano ryiza riri mu gice cya 110 ko Nyagasani azigaragaza Ubwe mu mpuhwe mu ngoro Ze. Nishimira nanone icyo bihishura ku bijyanye n’uko Nyagasani azigaragaza Ubwe mu mpuhwe igihe cyose, tubaye nka Joseph, tukingingira kugirirwa impuhwe.
Ukwinginga kwa Joseph Smith asaba impuhwe mu gice cya 109 ntabwo bwari ubwa mbere gusaba impuhwe bimuzaniye ihishurirwa. Mu Gashyamba Gatagatifujwe, ingimbi Joseph yasenze adashaka kumenya gusa Itorero ry’ukuri, ahubwo yavuze na none ko “yaririye Nyagasani ngo amugirire impuhwe, kuko nta wundi yari kujyaho ngo agirirwe impuhwe.” Mu buryo bumwe, ukumenya kwe ko yarakeneye impuhwe kandi ko Nyagasani ari we wenyine wari kuzimugirira byafashije gufungura imigomero y’ijuru. Hashize imyaka itatu, marayika Moroni yaragaragaye nyuma y’ibyo Joseph yavuze ko byari: “isengesho n’ugutakambira Imana Ishoborabyose asaba imbabazi z’ibyaha bye n’ubupfapfa bwe.”
Uru ruhererekane rw’ihishurwa rukurikira ukwinginga gusaba impuhwe rusa nk’urwo dusanga mu byanditswe. Enosi yumvise ijwi rya Nyagasani gusa nyuma y’uko yari amaze gusenga asaba imbabazi. Uguhinduka kwa se w’umwami Lamoni gutangirana n’isengesho rye rigira riti: “nzarek[a] ibyaha byanjye byose kugira ngo nkumenye.” Dushobora kudahabwa umugisha n’ubwo bunararibonye budasanzwe, ariko kuri bamwe bagorwa rimwe na rimwe no kwiyumvamo ibisubizo by’isengesho, gushakashaka impuhwe za Nyagasani ni bumwe mu buryo bukomeye bwo kwiyumvamo ubuhamya bwa Roho Mutagatifu.
Gutekereza byimbitse ku Mpuhwe z’Imana Bikingurira inzira Ubuhamya bw’Igitabo cya Morumoni Bushoboka
Ihame risa nk’iryo ryigishwa neza muri Moroni 10:3–5. Dukunze gucagagura iyi mirongo kugira ngo twigishe ko, binyuze mu isengesho rivuye ku mutima, dushobora kwiga niba Igitabo cya Morumoni ari ukuri. Ariko iyi ncamake ishobora kwirengagiza uruhare rukomeye rw’impuhwe. Tega amatwi uko Moroni atangira ukwinginga kwe ati: “ndabingingira ubwo muzasoma ibi bintu, … kugira ngo muzibuke uko Nyagasani yabereye umunyempuhwe abana b’abantu, uhereye ku iremwa rya Adamu ndetse kugeza igihe muzabonera ibi bintu, kandi mukabitekerezaho byimbitse mu mitima yanyu.”
Moroni aratwingingira kudasoma ibi bintu gusa—inyandiko yari agiye guhambiranya—ahuwo no gutekereza byimbitse mu mitima yacu icyo Igitabo cya Morumoni gihishura kubijyanye n’“uko Nyagasani yabereye umunyempuhwe abana b’abantu.” Ugutekereza byimbitse ku mpuhwe za Nyagasani ni byo bidutegura “[gusaba] Imana, Data Uhoraho, mu izina rya Kristo, niba ibi bintu ari iby’ukuri.”
Uko dutekereza byimbitse ku Gitabo cya Morumoni, dushobora kubaza tuti: Ese ni ukuri koko, nk’uko Aluma yigishije, ko umugambi w’impuhwe w’Imana wemeza neza ko buri muntu wigeze kuba hano ku isi azazuka kandi ko bazagarurwa mu miterere yabo nyayo”? Ese Amuleki afite ukuri? Ese impuhwe z’Umukiza zishobora gusubiza ibisabwa byose n’ubutabera twakagombye kwishyura aho kutugotera mu maboko y’ubusugire”?
Ni ukuri nk’uko Aluma yabihamije, ko Kristo atiyumanganyirije ibyaha byacu gusa ahubwo “ububabare n’imibabaro” kugira ngo amenye uko azatabara abantu be akurikije ubumuga bwabo”? Imana koko ni inyempuhwe cyane, nkuko Umwami Benyamini yigishije, ko impano itagira ikiguzi, yahongeye ibyaha byabo … bapfuye bataramenya ubushake bw’Imana bubareba, cyangwa abacumuye batabizi”?
Ese ni ukuri, nkuko Lehi yavuze ngo “Adamu yaraguye kugira ngo abantu bashobore kubaho, kandi abantu bariho ngo bashobore kugira umunezero”? Na none, mu by’ukuri ni ukuri , nkuko Abinadi yahamije, asubiramo Yesaya, ko Yesu Kristo yakomerekejwe kubw’ibicumuro byacu, yashenjaguwe kubw’ubukozi bw’ibibi bwacu; igihano kiduhesha amahoro yacu cyari kuri we; kandi kubw’imibyimba ye twarakijijwe”?
Mu ncamake, umugambi wa Data nkuko wigishijwe mu gitabo cya Morumoni muby’ukuri ni uw’impuhwe? Ndahamya ko ari ko uri kandi ko amahoro utanga ndetse n’inyigisho z’ibyiringiro z’impuhwe ziri mu Gitabo cya Morumoni ari iby’ukuri.
Ngumye gutekereza ko bamwe bashobora kuba bahangayitse, nubwo musoma kandi mugasenga mwizeye, kugira ngo mumenye isezerano rya Moroni ko Data wo mu Ijuru “azabagaragariza ukuri kwabyo, kubw’ububasha bwa Roho Mutagatifu.” Nzi uku kubura amahwemo kuko nakwiyumvisemo, imyaka myinshi ishize, ubwo inshuro za mbere nasomye Igitabo cya Morumoni bitampaye igisubizo gisobanutse ku masengesho yanjye ako kanya.
Niba warabuze amahwemo, reka ngutumire gukurikiza inama ya Moroni yo gutekereza ku buryo bwinshi Igitabo cya Morumoni cyigisha “ukuntu Nyagasani yagiriye imbabazi abana b’abantu”? Ngendeye ku bunararibonye mfite, ndizera ko iyo ubikoze, amahoro ya Roho Mutagatifu ashobora kwinjira mu mutima wawe kandi ko ushobora kumenya, kwemera, no kwiyumvamo ko Igitabo cya Morumoni n’umugambi w’Impuhwe cyigisha ko ari ukuri.
Ndagaragaza ugushimira kwanjye kubw’umugambi ukomeye w’impuhwe wa Data n’ubushake bw’Umukiza bwo kuwushyira mu bikorwa. Nzi ko aziyerekana we Ubwe mu mpuhwe mu ngoro Ye ntagatifu no muri buri gice cy’ubuzima bwacu nituzamushakisha. Mu izina rya Yesu Kristo, amena.