Urubyiruko
Mukore amahitamo yamurikiwe


Mukore amahitamo yamurikiwe

Muri Kubw’Imbaraga z’Urubyiruko, muzabonamo inyigisho za Yesu Kristo n’abahanuzi Be. Mufite uku kuri nk’imfashanyigisho yanyu, mushobora gukora amahitamo yamurikiwe azabahesha umugisha ubu no mu buziraherezo bwose.

Uri umwana w’Imana muri roho ukunzwe. Umugambi wayo w’ibyishimo ukomeye utuma bigushobokera gukura mu buryo bwa roho no kwagura ubushobozi bwawe bw’ubumana. Yohereje Yesu Kristo kukubera Umukiza.

So wo mu Ijuru akugirira icyizere. Yaguhaye imigisha ikomeye, harimo inkuru nziza yuzuye n’imigenzo itagatifujwe n’ibihango biguhuza na We kandi bizana ububasha Bwe mu buzima bwawe. Hamwe n’ibi bihango hiyongeramo umunezero n’inshingano. Azi ko ushobora gukora itandukaniro mu isi, kandi ibyo bisaba, mu bihe byinshi, kuba utandukanye n’isi. Shakisha ubujyanama bwa So wo mu Ijuru uko ukora amahitamo. Azabahesha umugisha w’ukumurikirwa binyuze muri Roho Mutagatifu.

Yesu Kristo ni we nzira yerekeza ku munezero uhoraho. Uko ukoresha umudendezo wo guhitamo gukurikira Yesu Kristo, uba uri mu nzira iganisha ku byishimo bihoraho. Tuma Yesu Kristo aba igipimo cyawe n’umusingi wawe ukomeye bwuma. Ubakira ubuzima bwawe ku nyigisho Ze, kandi upimire amahitamo yawe muri zo. Ibihango mukorera mu mubatizo, mu gihe cy’isakaramentu, no mu ngoro ni amabuye atangiza umusingi wanyu utajegajega muri Kristo. Muzahura n’ingorane n’ibishuko, ariko Data wo mu Ijuru n’Umukiza bazabibafashamo byose.

Intego yo Kubw’Imbaraga z’Urubyiruko ntabwo ari ukukubwira “yego” cyangwa “oya” kuri buri hitamo rishoboka ushobora guhura na ryo. Ahubwo, Nyagasani araguhamagarira kubaho mu buryo burushijeho kwisumbura no kuba butagatifu: ubuzima bwibanda ku kuri guhoraho n’imigisha ya Nyagasani yasezeranyijwe. Iri ni Itorero Rye. Iyi mfashanyigisho izabigisha ibijyanye n’uburyo Bwe. Isobanura ukuri yahishuye. Mutume uku kuri kubabera imfashanyigisho yanyu mu gukora amahitamo: amahitamo y’ingenzi, nko gukorera ibihango mu ngoro no kuvuga ubutumwa, byiyongera ku mahitamo ya buri munsi, nk’uburyo mufatamo abantu cyangwa uburyo mukoresha igihe cyanyu.

Igihe abandi bagufasha, ugukura muri roho ni ibyawe ku giti cyawe. Ni inshingano zanyu. Mukore ibyo mushoboye byose kugira ngo mube beza buri munsi, mwitondere amategeko y’Imana kandi mwubahirize ibihango byanyu, ndetse mufashe abandi kurushaho kwegera Umukiza.

Reba Mosaya 4:29–30 (inzira ziganisha ku cyaha ntizibarika, bityo tugomba kwitonda); Helamani 5:12 (mwubakire umusingi wanyu kuri Kristo); Inyigisho n’Ibihango 45:57 (mutume Roho Mutagatifu ababera umuyobozi); 25:13 (mukomere ku bihango byanyu).

Uburyo iyi mfashanyigisho itunganjijwemo

Buri ngingo ifite ibice bitatu:

  1. Ukuri guhoraho, cyangwa inyigisho z’inkuru nziza yagaruwe ya Yesu Kristo

  2. Ubutumire bwo kugira icyo ukora kuri uko kuri.

  3. Imigisha yasezeranyijwe Nyagasani aha abubahiriza inyigisho Ze