Urubyiruko
Incamake


“Incamake,” Gukoresha neza Ikoranabuhanga (2025)

“Incamake,” Gukoresha neza Ikoranabuhanga

Incamake

Abagore babiri bamwenyura barimo gukoresha ikoranabuhanga

Intego—Nshobora gukoresha ikoranabuhanga mbigambiriye. Ikoranabuhanga ntirinyobora.

“Njyewe, Nyagasani, ngufitiye umurimo wo gukora” (Inyigisho n’Ibihango 112:6).

Umugambi—Iyo niteguye mbere y’igihe, numva meze neza ndetse nkora amahitamo meza.

“Ubu buzima ni igihe ku bantu cyo kwitegurira guhura n’Imana” (Aluma 34:32).

Kwitsa—Ni byiza kuri njye kwitsa ngafata akaruhuko.

“Nimutuze kandi mumenye ko ndi Imana”(Inyigisho n’Ibihango 101:16).

Intego, Umugambi, Kwitsa

Intego

Umugambi

Kwitsa

Nshobora gukoresha ikoranabuhanga mbigambiriye. Ikoranabuhanga ntirinyobora.

Iyo niteguye mbere y’igihe, numva meze neza ndetse nkora amahitamo meza.

Ni byiza kuri njye kwitsa ngafata akaruhuko.

Ibibazo byo Gutekerezaho

Intego

Umugambi

Kwitsa

  • Kubera iki ndimo gukoresha ikoranabuhanga muri iki gihe?

  • Ese numva meze neza mu byo ndimo gukora?

  • Ese nzajya nkoresha ikoranabuhanga igihe kingana iki?

  • Ese ni uwuhe mugambi wanjye mu gukoresha ikoranabuhanga?

  • Ese ni ikihe kimenyetso ndimo kwereka Imana kijyanye n’uko nkoresha igihe cyanjye?

  • Ese ndimo kwirinda ibiri kuri murandasi nzi ko bidakwiye cyangwa bidafite intego?

  • Ese ndimo kumva Roho imvamo?

Ibitekerezo Bifatika

Intego

Umugambi

Kwitsa

  • Ohereza ubutumwa bwiza ku wundi muntu.

  • Tega amatwi umuziki ugufasha kumva ufite amahoro.

  • Hanga ibyo washyira muri murandasi byawe ubwawe.

  • Koresha ikoranabuhanga ubishaka kugira ngo wige.

  • Nihe igihe ntarengwa buri munsi cyo kureba igikoresho cy’ikoranabuhanga.

  • Gusa “kurikira” hanyuma uvugishe umuryango wa hafi n’inshuti.

  • Gira ahantu mu rugo hadakoresherezwa igikoresho cy’ikoranabuhanga.

  • Shyiraho ahantu umuryango uzajya ushyirira umuriro mu bikoresho by’ikoranabuhanga.

  • Koresha akayunguruzo ku biri muri murandasi.

  • Rambika igikoresho cy’ikoranabuhanga hasi maze ukitarure.

  • Sengera guhabwa imbaraga.

  • Vugana n’umuntu.