2.
Imana ishaka gushyikirana namwe
Ukugarurwa kw’inkuru nziza kwatangiye igihe ingimbi yitwa Joseph Smith yasenze, maze Data wo mu Ijuru n’Umwana We, Yesu Kristo, baramusubiza. Imana ikomeza kuyobora Itorero Ryayo binyuze mu bahanuzi bariho. Ishaka kandi kuvugana nawe, umwana Wayo, binyuze muri Roho Mutagatifu. Kwiga kumenya uko Roho Mutagatifu abavugisha ni bumwe mu buhanga bufite agaciro kuruta ubundi mushobora kwiga.
Ukuri Guhoraho
Roho abaganisha kuri Data wo mu Ijuru na Yesu Kristo. Uru ni uruhare rw’ingirakamaro rwa Roho Mutagatifu. Ndetse azabamurikira ngo mwihane kandi mukurikire Yesu Kristo kugira ngo mubone imigisha y’Impongano Ye. Uko mwihana, Roho ibagira abaziranenge kandi ikabafasha guhinduka.
Roho Mutagatifu abavugira mu bwenge no mu mutima byawe. Ubutumwa buturutse muri Roho bushobora kubaza mu bwenge mu buryo bwinshi: binyuze mu bitekerezo byamurikiwe, imiburo, imyumvire isobanutse n’inzibutso z’ibya roho. Roho Mutagatifu ashobora kuvugisha umutima wanyu binyuze mu byiyumviro bizamura nk’ihumure, icyizere, amahoro, urukundo, umunezero, ubwiyoroshye, ugushimira n’ukwihangana.
Ubutumire
“Mwakire Roho Mutagatifu.” Aya magambo yaravuzwe igihe mwemezwaga nk’umunyamuryango w’Itorero rya Kristo. Ese mwakira gute Roho Mutagatifu? Mu kubahiriza inyigisho za Yesu Kristo. Ni Imbaraga zanyu. Kumukurikira bitumira Roho Mutagatifu mu buzima bwanyu.
Mushakishe So wo mu Ijuru mu isengesho. Mumwegurire imitima yanyu. Mumushimire imigisha myinshi itangaje yabahaye. Mumusangize umunezero wanyu, imihangayiko yanyu n’ibibazo byanyu. Mutuze kandi mutege amatwi ibisubizo Bye, bishobora kuza nk’ibyiyumviro by’amahoro, ibitekerezo mu bwenge bwanyu, cyangwa ibyiyumvo byo gukora ikintu.
Mwumve ijambo ry’Imana mu byanditswe bitagatifu. Ibyanditswe bitagatifu ni amagambo y’Imana! Muyigiremo buri munsi kugira ngo mutahure ijwi Rye kandi mwiyumvemo urukundo Rwe. Uko musoma, mutekereze byimbitse ku byo ashobora kuba arimo kubigisha, maze mwandike ibyiyumvo biza. Kwiga ibyanditswe bitagatifu mubigire umuco wa buri munsi (cyane cyane Igitabo cya Morumoni) mu buzima bwanyu bwose.
Mushyire mu bikorwa ibyiyumvo bya roho mwakira. Niba mufite igitekerezo cyangwa icyiyumvo cyo gukora ikintu cyiza kizahesha umuntu umugisha, mugikore! Ibintu byose byiza biva ku Mana. Mwereke So wo mu Ijuru ko ashobora kubizera ko muzakurikiza ibyiyumvo bimuturukaho.
Imigisha Yasezeranyijwe
Roho Mutagatifu azabahumuriza kandi abayobore. Azwi nk’Umukiza. Azabashyigikira mu bihe by’ikigeragezo. Azabafasha kumenya icyo kuvuga n’icyo gukora. Mufite ubutware Bwe, mushobora gutandukanya hagati y’ikiri ukuri n’ikitari ukuri. Ashobora kubafasha kubona icyiza mu bandi no muri mwe ubwanyu. Roho ashobora kandi kubaburira akaga kari imbere. Azaberekeza kuri Yesu Kristo na kure y’icyaha.
Mushobora kwakira impano za roho. Hari impano nyinshi Imana iha abana Bayo binyuze muri Roho Wayo. Zimwe zivugwa mu byanditswe bitagatifu zirimo ibihishurwa, kwemera Yesu Kristo, kwigisha, ukujijuka n’ubushishozi. Musenge kugira ngo musabe Data wo mu Ijuru ibijyanye n’impano za roho yabahaye, uburyo mushobora kuzagura n’uburyo ashaka ko muzikoresha mu guhesha abandi umugisha.
Ibibazo n’Ibisubizo
Ese ni ukubera iki abandi bantu bagira ibihe bya roho byiza kuruta ibyanjye? Ntabwo ari ibihe bya roho byose biba ari ibitangaza cyangwa bihambaye cyane. Akenshi, Imana ituvugisha binyuze mu bitekerezo mu bwenge bwacu n’ibyiyumviro byiza mu mitima yacu. Uko ni ukongorera gutuje ku ijwi ryoroheje kandi ry’ituze. Mushobora kuba muri kwiyumvamo Roho kandi mutarimo kumumenya. Mukomeze musenge. Mukomeze kwiga ijambo ry’Imana. Nyuma y’igihe n’imyitozo, muziga kumenya Roho mu buryo bunyuranye.
Reba 1 Abami 19:11–12 (Imana ivugana ijwi ryoroheje, kandi ry’ituze); Yohana 15:26 (Roho ahamya ibya Kristo); Moroni 10:3–5 (mumenye ukuri kubera Roho); Inyigisho n’Ibihango 11:12–13 (Roho ayobora gukora ibyiza); 45:57 (mufate Roho nk’umuyobozi wanyu); 46:8–26 (impano za roho).
Ikibazo cy’Uruhushya rwo kujya mu Ngoro
-
Ufite ukwizera n’ubuhamya bw’Imana, Data Uhoraho; Umwana Wayo, Yesu Kristo; na Roho Mutagatifu?