“Pasika,” Inshuti, Mata 2026, 46–48.
Ubutumwa ngarukakwezi bw’Inshuti , Mata 2026
Pasika
Mose yasanze Farawo maze amusaba kubohora abacakara b’Abisirayeli. Farawo yarabyanze. Nyagasani yohereje ibyago muri Egiputa, ariko Farawo arakomeza aranga.
Nyagasani yavuze ko azohereza icyago cya nyuma. Umwana w’imfura wa buri muryango muri Egiputa agapfa. Ariko niba Abisirayeli bakurikije amabwiriza Ye, icyago kizabanyuraho.
Nyagasani yabwiye Abisirayeli gutamba umwana w’intama y’ingabo utunganye maze bagasiga amaraso yayo hejuru y’imiryango yabo.
Icyago cyaraje. Abana b’imfura bose ba Banyegiputa barapfuye, harimo n’umuhungu wa Farawo. Ariko imfura z’Abisirayeli zararokose kubera ko bumviye Nyagasani.
Farawo yabwiye Mose n’Abisirayeli kuva muri Egiputa. Ariko Farawo yari arakaye. We n’ingabo ze babirukanse inyuma.
Abisirayeli baciye ingando ku Nyanja Itukura. Ubwo babonaga Abanyegiputa baza, bagize ubwoba. Mose avuga ko Nyagasani ari bubarinde.
Mose yazamuye inkoni ye, maze Nyagasani atandukanya inyanja. Abisirayeli bambukira ku butaka bwumye.
Ubwo Abisirayeli bari batekanye ku rundi ruhande rw’inyanja, amazi yarasubiranye maze aroha ingabo. Amaherezo Abisirayeli barabohoka.
Paji isigwaho Amabara
Yesu Kristo Yazuwe kubwanjye.
Ibishushanyo bya Audrey Day. Bishobora kwiganwa kubw’imikoreshereze yo mu Itorero gusa.
Ese ni iki mushobora gukora kugira ngo mwibuke Yesu Kristo iyi Pasika n’umwaka wose?
© 2026 by Intellectual Reserve, Inc. All rights reserved. Cyacapiwe muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Ukwemerwa kw’Icyongereza: 6/19. Ukwemerwa k’ubusemuzi: 6/19. Ubusemuzi bwa Monthly Friend Message, April 2026 Kinyarwanda.. 20062 716