2025
Lucy Amenya Ukuri
Mata 2025


“Lucy amenya ukuri,” Inshuti, Mata 2025, 26–28.

Ubutumwa ngarukakwezi bw’ Inshuti , Mata 2025

Lucy amenya ukuri

Umukobwa muto afungura urugi kugira ngo areke itsinda ry’abagabo ryinjire mu gihe umugore yicaye arimo kudoda.

Umunsi umwe, Lucy Morley w’imyaka 15 yarimo afasha umuturanyi we, Abigail Daniels, kudoda imyenda. Mu gihe barimo bakora, abavugabutumwa batatu bakomanze ku rugi. Bavuze ko Yesu Kristo yabohereje kubasangiza ubutumwa.

Umugore wari uri kudoda yagaragaje amarangamutima mu maso ye mu gihe abo bagabo bavuganaga n’uwo mukobwa muto

Abo bagabo babwiye Abigail na Lucy ko Yesu yahamagaye Joseph Smith kuba umuhanuzi. Ndetse banababwira inkuru y’Igitabo cya Morumoni.

Uwo mugore n’uburakari bwinshi cyane yirukana abo abagabo mu nzu ye.

Icyatangaje Lucy, Abigail yararakaye. Atuma abavugabutumwa bagenda.

Abo bagabo barahindukira bareba inyuma ubwo uwo mukobwa yabirukaga inyuma

Lucy yari azi ko abo bavugabutumwa bari abakozi b’Imana. Abasaba gusura umuryango hafi aho munsi y’umuhanda.

Abagabo bari ku meza bari gufata amafunguro ya nimugoroba hamwe n’umukobwa n’umuryango we.

Abavugabutumwa bajya mu rugo rwa Morley. Ababyeyi ba Lucy batumiye abavugabutumwa ngo babigishe hamwe n’inshuti zabo.

Umukobwa ashyira igitambaro gihanagura amazi ku bitugu by’umugore mu gihe undi muntu abatizwa mu mugezi inyuma yabo.

Muri iryo joro ababntu 17 barabatijwe. Mu minsi mike yakurikiyeho, abandi 50 bumvise abavugabutumwa ni uko barabatizwa nabo. Ndetse na Lucy umuturanyi wa Abigail yahinduye intekerezo ze. We n’umugabo we, hamwe na Lucy n’abandi bo mu muryango we, bahisemo gukurikira Yesu Kristo binyuze mu kubatizwa.

Ipaji isizweho amabara

Kubera Yesu Kristo, Nzazuka

Igishushanyo cy’imva itarimo umubiri.

Ibishushanyo byashushanyijwe na Corey Egbert

Esei gute wibuka Yesu mu bihe bya Pasika?