“Ubutambyi Burimo Kugarurwa, Inshuti, Gashyantare 2025, 26–28.
Ubutumwa Ngarukakwezi bw’ Inshuti , Werurwe 2025
Ubutambyi Burimo Kugarurwa
Ushobora gusoma iyi nkuru muri Joseph Smith—Amateka 1:66–73 no mu Inyigisho n’Ibihango 27:12.
Nyuma y’uko Joseph Smith yakiriye ibisate bya zahabu, yatangiye kubisemura. Oliver Cowdery yanditse ibyo yavuze. Uko bakoraga, bamenye ko Yesu Kristo yashakaga ko buri wese abatizwa.
Joseph na Oliver bibazaga umuntu wari ufite ububasha bw’Imana bwo kubatiza abantu. Bagiye mu ishyamba gusenga no gusaba Imana.
Uko basengaga, umumarayika araboneka. Yavuze ko yari Yohana Umubatiza, wabatije Yesu Kristo kera cyane. Yahaye Joseph na Oliver Ubutambyi bwa Aroni kugira ngo babatize abandi. Ubutambyi ni ububasha bw’Imana. Bukoreshwa mu guhesha umugisha abana b’Imana.
Yohana Umubatiza yabwiye Joseph na Oliver kubatizwa. Bagiye mu mugezi maze barabatizanya. Igihe bavaga mu mazi, bari buzuye Roho Mutagatifu. Bari bishimye cyane!
Nyuma y’aho, abandi bamarayika baraje. Batatu mu Ntumwa za Yesu Kristo: Petero, Yakobo, na Yohana bahaye Joseph na Oliver Ubutambyi bwa Melikizedeki. Ubu Joseph na Oliver bashoboraga guha abandi impano ya Roho Mutagatifu.
Ipaji isizweho amabara
Yesu Akunda Indirimbo y’Umutima
Ibishushanyo byashushanyijwe na Corey Egbert
Ese wumva umerewe ute iyo urimo kwiga ibyerekeranye na Yesu Kristo?
© 2025 byakozwe na Intellectual Reserve, Inc. All rights reserved. Cyacapiwe muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Ukwemerwa kw’Icyongereza: 6/19. Ukwemerwa k’ubusemuzi: 6/19. Ubusemuzi bwa Monthly Friend Message, March 2025. Kinyarwanda. 19636 716